.....Ngarama na we yungamo.
Saruhara igondeka ibaba.
Ishaka kumuturuka hepfo.
Ngarama aribirindura, ayikubita ubuhiri ku kinwa kirapyinagara. Saruhara irisimbiza kumukubita urwara.
Ngarama ayikonja amaguru! Abonye ko ayicogoje, asohoroka muri cya gihu, abaka umuheto we, ayikubita umwambi mu ibaba, urayahuranya.
Aritaza, arayikubita, ayivuza amahiri cyane, arayica.
Ibisiga byose birahunga.
Amaze kuyica, atuma ibwami ngo baze kuyiheka.
Baraza, barayitwara, bayereka umwami.
Bose batangarira ubugabo bwa Ngarama. Umwami aramugororera cyane. amugabira n'inka nyinshi. Ngarama aratunga, aratunganirwa. Ibwami na ho harakundwa haragendwa.
«Si jye wahera, hahera Saruhara rwa Nkomokomo.»
Byakuwe: Ikigo cy'igihugu gishinzwe integanyanyigisho, Gusoma umwaka wa 4,Icapiro ry'amashuri-Kigali 2004,PP.59-62; Igitabo wagisanga muri Librairie Caritas-Kigali n'ahandi hagurishirizwa ibitabo mu Rwanda.